Karongi: Abantu babiri barimo umugabo n’umukecuru bapfiriye mu rugomo batatu batabwa muri yombi

Karongi: Abantu babiri barimo umugabo n’umukecuru bapfiriye mu rugomo batatu batabwa muri yombi
Mu Karere ka Karongi abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko bateje urugomo, rupfiramo abantu babiri barimo umugabo n’umukecuru, batatu batabwa muri yombi.
Byabereye mu Mudugudu wa Nyabiheke, Akagari ka Kayenzi, Umurenge wa Bwishyura ku wa 4 Gicurasi 2025.
Saa Kumi zirenga z’umugoroba nibwo bamwe mu basore basanzwe bakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Gitesi bagiranye amakimbirane mu kabari k’uwitwa Hakizimana Bonaventure.
Muri urwo rugomo, Nsekanabo Michel yaratemwe, akomereka bikabije, nyuma aza gushiramo umwuka.
Mu gihe abantu bari bakiri mu kavuyo, umukecuru witwa Ntivuguruzwa Christine wari usanzwe arwara umuvuduko w’amaraso yabonye umurambo agwa igihumure, ubuyobozi buhamagara imbangukiragutabara ihageze isanga yamaze gushiramo umwuka.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere yabwiye IGIHE dukesha iy'inkuru ko Polisi yahise itabara ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano ita muri yombi abantu batatu kugira ngo hakorwe iperereza ku byabaye.
Ati "Tuboneyeho kwibutsa abaturage ko gukemura amakimbirane binyuze mu bugizi bwa nabi bishobora guteza ingaruka zikomeye zirimo no kubura ubuzima bw’abantu. Turakangurira buri wese kujya atanga amakuru ku gihe kugira ngo haburizwemo icyaga no kwirinda ikintu cyose cyahungabanya umutekano w’abandi.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwishyura, Gashanana Saïba yabwiye IGIHE dukesha iy'inkuru ko bakoranyije abaturage babaha ubutumwa bw’ihumure, banasaba kugira umuco wo gutabarana, gutangira amakuru ku gihe, kwirinda guha inzoga umuntu wamaze gusinda no kwirinda kwinjirana mu kabari ibikoresho bikomeretsa.
Abatawe muri yombi bafungiye ku sitasiyo ya Bwishyura, imirambo ya ba nyakwigendera yajyanywe ku bitaro bya Kibuye gukorerwa isuzuma mbere y’uko ishyingurwa.